vendredi 23 avril 2010

Kubabarira ntibirwanya ubutabera –Mihigo

Mihigo ari mu gitaramo “Akira uru Rwanda Mana Ihoraho” 
 

Pascal Bakomere
Amazina: Mihigo Kizito
Aho akorera: mu Bubiligi
Aho asengera: Kiliziya Gatulika
Igihe yavukiye: ku wa 25 Nyakanga 1981
Icyo akunda: muzika ntagatifu
Icyo yanga: akavuyo
Icyamushimishije: uburyo muzika ifite akamaro
Icyamubabaje: urupfu rwa se muri Jenoside yakorewe abatutsi
Irangamimerere: ingaragu
Ibiro: kg 82
Uburebure: m 1, 76
Ubutumwa: kwirinda urwango.
Umuhanzi Mihigo Kizito wiyemeje kubabarira abamuhemukiye muri Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994, yatangarije ikinyamakuru Izuba Rirashe impamvu yatumye abigeraho ari ugusenga.
Mihigo yagize ati “nagize ubushake bwo kwiha amahoro ntanga imbabazi kuko nyuma numvaga ari njye uremerewe kandi mu bukristu kubabarira ni inema ifasha ubikora, iyo aba ari intambwe ya mbere igana ku bwiyunge”.
Uyu muhanzi yakomeje atangariza ikinyamakuru Izuba Rirashe ko kubabarira by’umukristu bitarwanya ubutabera, ati“kubabarira bya gikristu ntibirwanya ubutabera ahubwo birajyana”.
Mihigo yatangiye avuga ko bimwe mu byo yibandaho mu buhanzi bwe ati “nibanda kuri muzika ya gikristu ntanga ubutumwa bw’amahoro, ubuvandimwe, kubabarira no kwiyunga n’abo tutumvikana nshingiye ku ivanjili”.
Ku wa kane tariki ya 15 Mata 2010 Mihigo yavuze ibintu bitatu byamufashije kugira ngo agire umutima wo kubabarira abamuhize muri Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994, aha ikiza ku mwanya wa mbere ni ukubyifuza, isengesho n’umuhate.
Ubwo Abanyarwanda bibukaga ku nshuro ya 16 Jenoside yakorewe abatutsi, Mihigo hari indirimbo yaririmbye zari zifite ubutumwa bw’isanamitima. Izo ndirimbo yaboneyeho n’umwanya wo kuziririmbira Abanyarwanda mu gitaramo yise “Akira uru Rwanda Mana Ihoraho” yakoreshereje mu ishuri ryisumbuye rya Lycée Notre Dame de Citeaux ku cymweru tariki ya 11 Mata 2010.
Umuhanzi Mihigo Kizito yavutse ku wa 25 Nyakanga 1981 avukira i Kibeho mu Karere ka Nyaruguru, Intara y’Amajyepfo ni uwa 3 mu bana batandatu, amashuri abanza yayigiye ku kigo cya Kibeho, ariko umwaka wa 6 yawurangirije mu ishuri ribanza rya APAPER mu Mujyi wa Kigali mu mwaka wa 1995. Indirimbo ya mbere y’uyu muhanzi yitwa “Nzakuririmbira Nyagasani” yagiye ahagaragara mu mwaka wa 1996.
Amashuri y’Icyiciro Rusange (Tronc-commun) yayigiye mu Iseminari Nto ya Butare, yaje kuyarangiriza mu Rwunge rw’Amashuri rwa Mutagatifu Andereya mu Ishami ry’Indimi n’Ubuvanganzo.
Kuva kera uyu  muhanzi yumvaga mu buzima bwe agomba kwiga ishuri rya muzika. Kubera ubuhanga yakundaga kugaragaza mu bihangano bye akirangiza amashuri yisumbuye, bishyigikiwe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yemerewe kujya kwiga mu Bubiligi binyuze muri SFAR.
Mihigo akaba atangaza ko yabyishimiye kuko mbere nta banyarwanda bahabwaga inguzanyo (bourse) yo kujya hanze kwiga amasomo ya muzika.
Umwaka wa mbere wa kaminuza, mu Bubiligi, Mihigo yize mu ishuri ryitwa “Academie de Musique et de Danse des Arts de la Parole et du Théâtre Court St Etienne”. Muri Nzeli 2008 Mihigo yaje gukomereza mu ishuri riri mu Bufaransa rya “Conservatoire de Music de Paris”.
Umuhanzi Mihigo avuga ko akimara kubona ko mu Rwanda nta shuri rya muzika rihaba yahisemo gushaka akazi mu Bubiligi ko kwigisha, kandi akabona mu buryo butamugoye, ubu akaba ari umwarimu ishuri ryisumbuye rya “Institut Provincial” riri ahitwa “Brant Wallon”.
Ikinyamakuru Izuba Rirashe cyabajije Mihigo icyo ateganya mu kwigisha umuziki abana b’Abanyarwanda, asubiza ko yifuza gushinga ishuri rya muzika, imbyino n’amakinamico ati“ abana bazaryigamo bazakura bazi kwandika muzika mu manota kandi basobanukiwe ko muzika atari ukwidagadura gusa ahubwo ari n’ubumenyi”.
Mihigo yakomeje avuga ko  gahunda afite yo kwigisha abana b’Abanyarwanda muzika yayivuganyeho na Minisiteri ya Siporo n’Umuco hamwe na Minisiteri y’Uburezi kandi akaba ari ibintu yizeye ko mu gihe gito bizaba bimaze kugerwaho.
Mihigo nubwo ari ingaragu yavuze ko nta mukunzi afite, ariko hari igihe yigeze kubigerageza bikaza kwanga. Ibi byatumye ikinyamakuru Izuba Rirashe kimubaza uwo bashobora kubana akaramata ibyo agomba kuba yujuje asubiza agira ati“icy’ingenzi kurusha ibindi ni uko agomba kuba afite ukwemera.”
Umuhanzi Mihigo avuga ko yahizwe muri Jenoside ku buryo icyo gihe yumvaga adashobora kurokoka kandi yari yaravuze ko Imana nimurinda atazongera gukora icyaha, ariko nyuma yaje guhungira mu gihugu cy’u Burundi ari na bwo yumvaga  muri we yanga abamuhemukiye ati“ubu nibuka ibyo nasezeranyije Imana”.
Ubwo yigaga muri Seminari ntoya ya Butare yiyemeje kubabarira abamwiciye nubwo yari atarabamenya neza.  Mihigo yagize ati “ubwo nigaga muri seminari nagize umuhate wo kubisengera mbishyizeho umuhate, maze negera abo bantu nitaga abahemu ari na bwo negereye umwana w’umuntu bavugaga ko se ari we wishe data dutangira kuganira, nubwo uwo muntu wampemukiye tutarabonana numva ko namubabariye icyo nkeneye ni ukumenya ukuri”.
Alubumu ya mbere y’umuhanzi, Mihigo Kizito yaririmbanye na Kolari de Kigali yitwa“Imbimburakubarusha”.
Uyu muhanzi mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Izuba Rirashe yagize ubutumwa atanga ati“nubwo twashegeshwe n’amateka, nitugire icyifuzo cyo kubaho no kubana, twiyemeze kwirukana urwango mu mitima yacu turusimbuze ukuri ubumwe n’urukundo”.

jeudi 15 avril 2010

Thank you for visiting the SUNDAY MORNING SHOW ''IMIBURO'' blog



The 16th Genocide commemoration is centered on managing trauma cases. Several measures have been put in place to handle cases of the consequences of the Genocide, 16 years after the Genocide, trauma cases are still increasing, handling of consequences of the 1994 Genocide is still one of the challenges the country is facing.
Let's join our efforts in fighting these Genocide consequences particularly "trauma". 

Thank you for visiting

dimanche 4 avril 2010

UMUSARABA WA YEZU KRISTU.



Mubyeyi Bikiramariya, 
Mama wo mu ijuru, 
Mubyeyi wa Yezu, 
Mubyeyi w’umusaraba, 
Mwamikazi wa Rozari, 
Ugiye gusoma ibi musigire, 
Ajye asangira na nyagasani, 
Amusingize n’igihe asekwa, 
Ahorane ihumure no mu mahane, 
Asabwe n’ibyishimo n’igihe ashihurwa. 


UMUSARABA WA YEZU KRISTU 

Inyigisho idusabanya n’umusaraba . 

Par Abbé Marie Jérémie HABYARIMANA NGAMIJE YEZU. 

0. INTANGIRIRO 

Mama,mubyeyi wanjye n’uwa Yezu Bikiramariya ,Mubyeyi w’umusaraba,Mubyeyi wababaye mu ibanga (LK 2:34-35;1,19) ntibikubuze gusingiza Nyagasani wowe ubona abantu bitotomba bakanga kubabara muri Yezu. 
Nyamara Yezu aba abahaye ububabare kugirango barusheho kuba muri we(LK14:25-27)! 
Mbega akababaro ko kurambagizwa ukabengwa uri umwami w’isi n’Ijuru! None rero Mama ngwino wowe ubwawe usobanurire uzasoma ibi ko gusa na Kristu ku umusaraba ari amahirwe ahoraho.Maze ni bumva ijwi ryawe kuva uyu munsi babeho bishimiye muri Yezu bitahwana n’igihe cy’amatiku. 

1 . IGISOBANURO CY’UMUSARABA WA YEZU 

“Naho njyewe ntakindi nakwiratana kitari umusaraba wa Nyagasani wacu Yezu Kristu niwo ibyisi bibambweho nanjye nkaba mbibambweho” Gala 6:14 

Mbere y’uko Yezu abambwa ku Umusaraba icyo gikoresho cy’ubugome bw’abantu cyagenerwaga abacakara babaga baciriwe urwo gupfa (ku ngoma y’aba Romani) naho ku Bayahudi kumanikwa ku igiti byari umuvumo w’Imana (Ivug.:22-23) Yezu yahisemo rero kwihindura uwo muvumo maze kuva ubwo umusaraba uhindura isura. 
(Gal 2:13-14, Fil 2:5-11) “Ni cyo gituma kuva ubu nta muntu n’umwe tukimenya kuburyo busanzwe,ndetse na kristu niba twarigeze kumumenya kuburyo bw’abantu, ubu nti tukimumenya dutyo.Bityo umuntu uri muri Kristu yabaye ikiremwa gishya.Ibishaje byarayotse, none ngaha byose byahindutse bishya” (2Kor 5:16-17) Nguko uko umusaraba wa Kristu wavuguruye isi. 


Turagusenga Yezu turagushima y’uko wakirishije abantu umusaraba wawe mutagatifu! Mu musaraba wa Kristu twakize umuvumo ukomoka ku icyaha. Uwo musaraba rero wadukijije icyaha n’urupfu gikurura ukadaha ububasha bwo kubyigobotora ni urupfu rwa Kristu n’izuka rye.ryarukurikiye. Hari abantu bajya bibeshya bakabona mu ikimenyetso cy’umusaraba urupfu gusa.Ndetse bana wukubita amaso umutima ugaterera mu umutwe. Umusaraba rero ukubiyemo insitzi ya Yezu Kristu ku rupfu. Ikimenyetso cy’umusaraba rero si icyerekana uko Kristu yapfuye ahubwo uko Kristu yatsinze urupfu.Umusaraba ni ikimenyetso cy’insinzi ya Yezu Kristu ku rupfu. 

Umusaraba wa Yezu Kristu niyo nkuru nziza kuri twe.Kuvuga ko Yezu Kristu yadukirishije umusaraba we mutagatifu ni nko kuvugako yadukirishije urupfu rwe ni izuka bye bitagatifu.Kandi Pawulo mutagatifu atwibutsa ko urupfu ni izuka bya Kristu Yezu ari inkuru nziza twemeye kandi twamamaza dushize amanga (1Kor15:1-5) 
Uko utatandukanya Yezu Kristu n’urupfu ni izuka bye ni nako utashobora kumutandukanya n’umusaraba we.Koko Yezu Kristu twamamaza ni uwabambwe ku umusaraba cyangwa uwadupfiriye akazukira kudukiza. 
(1Kor1:23, Kor 2:2; 2Kor 5:14-15) 

Agaciro k’umusaraba ka kumvikana kurushaho tuzirikanye gato ku umwanda w’icyaha.Koko icyaha kirakaburanirwa! Mwene Sirake we cyari cyaramuhahamuye “ Mwana wanjye se waba waracumuye ? Ntuzongere ahubwo usabe imbabazi z’ibyaha wakoze jya uhunga icyaha nkuko uhunga inzoka, kuko nu cyegera kiza kuruma; amamenyo yacyo ni nkayintare acuza abantu ubuzima.Ubuhemu bwose ni nkikota ityaye impande zombi, kandi igikomere cyabwo nticyomorwa.Ubwirasi no kwikuza buhombya umutungo bityo rero inzu y’umwirasi izarimbuka bityo rero uwubakisha inzuye feza z’abandi, asa n’ urunda amabuye ateganyiriza imva ye.Ikoraniro ry’ibyigenge riba ari nkinkwi zumye, bose baza kongoka mu bibatsi by’umuriro.Inzira y’umunyabyaha iratengeneje, ntabuye ririmo ariko amaherezo yayo ni munyenga y’ikuzimu” (Sir 21:1-4,8-10) Kuva kera isano y’urupfu n’icyaha ntiryigeze rishidikanywaho “Inzu y’indaya ni inzira iboneza ikuzimu ,imanuka igana mu masenga y’umwijima n’urupfu” (Imig7:27) mu isezerano rishya Pawulo arabishimangira “Nkuko icyaha cyadutse mu isi gikuruwe n’umuntu, kandi n’urupfu rukuruwe n’icyaha bityo urupfu rucengera abantu bose, kuko bose bacumuye.”(Rom 5:12). “Koko rero igihe mwari abagaragu b’ icyaha ntimwagengwaga n’ubutungane.Mbese byabunguye ki icyo gihe ? Ko ahubwo ubungubu bibateye isoni, kuko amaherezo yabyo ari urupfu” 
.(Rom 6:20-21) “ Ni uko rero ingaruka y’icyaha ni urupfu”(Rom 6:23a) 


Koko rero ijambo ry’Imana Data rivuga ibyo ryabonye kuko ntakiryihisha (Heb 4:12) ICYAHA ni URUPFU .Ukikiye icyaha urupfu ruramufumbata.Iyo ugiye mu icyaha urapfa nawe ugahinduka urupfu ugasigara wica.Ingero ni nyishi kandi ziteye agahinda. Umuntu umaze gusinda, urupfu ruramusundura. Iyo atituye hasi ngo umutima uturike ururimi rurapfa(ntiruva mu kanywa), amaso ye agapfa (ntamenye iyo ataha) ukwinyagambura kwe kugapfa 
( umusinzi –pfu= ivre mort); icyo akozeho cyose akagisiga urupfu. Iyo atimeneye radio yiyicira ipikipiki ye. Iyo adakuye urugirwe akura amenyo y’umugore we iyo atamennye amatara amena mataratara cyangwa ihaho yari atahanye akarihonda.Mbega icyaha! Mbega urupfu! Tuvugese n’umusambanyi! We ibye ntitwabivamo.Amaze kuvoma sida none ubwe ahindutse rupfu! Mbega ngo ararimarima ibirimarima bimarira imari mu maraha! Ngo naswe arabyaye abinjiji bakavuza impundu aho gukoma akaruru ngo batabaze.Mbega agahinda kicyo kibondo kubibero! Abandi amashereka yabo ashibuka ubuzima. Naho we uramenye n’uwe uzamurinde ibere ry’urupfu nirwo rumupfupfumukamo! Mbega icyago cy’icyaha! Mbega urupfu rwo gapfa! Abatazi guteganya bati: “Dutize umwana sekuru azajye amusekurira.” Ni sekuru se w’ubuzima? Ko ari isekurume yarisokoje bagaburiye nako bagabije ako gashashi! Sibwo uwagombaga akoshejwe akarongorwa nabagombye kuzamuranga! Nyirakuru azanduze SIDA umwuzukuru?! Birababaje! Nako karabaye! Mbega icyaha mbega urupfu ngo ruradupfumfagaza! Muri make icyaha ni icyorezo.Twagikwiza n’iki icyo cyago? Nihasingizwe umusaraba wa Nyagasani wacu Yezu Kristu! Nihasingizwe urupfu n’izuka bya Yezu Kristu (Rom :3-14) 

Mbega ibyiza! Mbega amizero! Reka tukuramye musaraba mutagatifu. Udukiza icyokere cy’icyaha, tugakindikiza ikizere kitazima muri Yezu Kristu.Ese koko ni inde wabura gusingiza umusaraba wa Yezu Kristu? Dore akoresheje umusaraba we Kristu yatsembye inzangano zose, we mahoro yacu aza kutwamamazamo inkuru nziza y’amahoro (Ef 2:13-18) Uwo musaraba niwo wabambweho urwandiko rwadushinjaga umumwenda twarimo kubrera amategeko tutakurikije (Kol 2:14) Uwo musaraba niwo ntwaro Kristu Yezu yitwaje kugirango anyage ibikomangoma n’ibihangange akabikoza isoni k’ umugaragaro kubwiyo ntwaro yuje imitsindo (Kol2:15) 
Abatakaga bati “ Turi mu kaga intege nke ziradukennye! Yezu yahagobotse aza abazaniye umusaraba agira ati: “Izo ngeso mbi uwo mubiri n’iryo rari ni mubimpereze mbibambarire aha!” (Rom 8:3-4)Mugihe bamwe bashidikanya ko bidashoboka, ab’inkwakuzi nka Pawulo baba bawinazeho.Ariko abandi ntibanyurwa bati “ Ni mureke turebe uko bahababarira.!” Babonye umusaraba ubasukamo umunezero nibwo n’abandi bazituye ikiziriko cy’umwanzi maze bihura kukizingo cy’amahwa ibyari icyaha bihinduka habayeho.” (Gal 2:19-20;Kol1:24) 

Nguko uko umusaraba wayezu utwuzuzamo umunezero.Amakuba yadukubirana ukatubera amizero, tugahora twishimiye muri Yezu wadushengukiye 
(1Pet 1:6) Umusaraba ni agakiza kacu. Muriwo dukira byose tukigobotora ingoyi zose. 
Ese mama nk’utazi umusaraba abaho ate ? Abanzi bawo bo bateye agahinda(Fil 3:18) Nonese ko ariwo giti cy’ubuzima abo batacyugamamo bazakizwa nande?Aho urupfu ntirugiye kubatapfuna ?(Fil 3:19) Abashaka kugira ubugingo mwese nimwegere icyo giti.Mwoye kukivirira nka Yohani na nyina wa Yezu (Yh 19:25-27). 

Twaba tuvuze iki tutavuze ku isano umusaraba ufitanye n’urukundo? Ese icyabyaye ikindi ni ikihe? Aho ibyabyo si nki ibyi igi n’inkoko ? Ariko ubanza harabanje urukundo ? (Yh 3:116) Ariko se urukundo rutagaragara rwaba ari urukundo nyabaki ko umusaraba ariwo urwerekana ? (1Yh4:9-10,YH15:13) Aha! Ko biyoberanye! Oya ,Ntibyatuyobeye ahubwo ni iyobera. Ibyo ari byose ntawavuga Urukundo umusaraba udahari.nkuko aho umusaraba usesekaye urukundo ruhakanda.Mbega urukundo rwitanga ntirusigaze n’igitonyanga cy’amaraso! Nguwo umusaraba! Musaraba wa Yezu kristu , genda ni wowe Rukundo naho ibindi baba babibeshyera! 

Umusaraba si nawo muhamagaro wacu? Twabishaka tutabishaka ni uko bibaye.Nya,mara itonde utawuvangira.Umusaraba ntuhamagara uvuga ngo ngaho uwahaze amagara ye na nsange.Ahubwo uduhamagara uduhumuriza uvuga uti: “Abashaka kubaho mumahoro n’ibyishimo ni munsange.” Koko rero umusaraba wa yezu Kristu si isoko y’agahinda n’amaganya. Ahubwo abawugannye ubasendereza umunezero, mugihe abatabona bibeshya ko babonabonnye (Yh 15:11) Erega urukundo rutanga ibyishimo.Abakurikira Yezu se si abemera kumukunda kurusha ibindi byose? 
(Yh21:15-19).Abakurikiye yezu rero bahimbazwa n’urwo rukundo imiruho n’iminiho bigahinduka impundu n’imidiho (Yh 16:22) Ariko se mama uwo musaraba umuntu awusitaraho mu igisambu cyangwa awuroba nk’ifi mu biyaga bigari ? 


2.GUHISHURIRWA UMUSARABA WA YEZU. 

“Naho njyewe ho bavandimwe niba nkigisha kugenywa,Naba se kandi ngitoterezwa iki? Ubworero umusaraba ntawe waba ugiteye kwibaza.” (Gal 5:11) “Mbibamenyeshe rero bavandimwe iyo nkuru nziza na bamenyesheje ntabwo ari iy’umuntu, si n’umuntu nyikesha kandi si umuntu wayinyigishije ni Yezu Kristu wayimpishuriye.” (Gal 1:11-12) 
Nkuko Pawulo mutagatifu abivuga, Yezu Kristu wenyine niwe ushobora kuduhishurira iby’umusaraba we! Kandi ibyo birasanzwe ngo umusonga w’undi ntukubuza gusinzira n’akami kamuntu ni umutima we.Nta n’umuzindutsi wakare watashye ku umutima w’undi Kuri Yezu rero umusaraba we ni ubuzima bwe bwose. Umusaraba we ni umutima we. Umusaraba we ni ibanga rikomeye abitse ku umutima we wuje impuhwe.Mu buzima bw’abantu muri rusange umuntu ntapfa kubwira akababaro uwo abonye wese. Umuntu aganyira uwo basabanye.Nanone ibanga rikomeye ribikwa ku umutima w’umunyarwanda ni aho ashobora guhurira n’amahirwe. Si abanyarwanda gusa kandi no mumuco w’Abayahudi, ubanza ari uko byari bimeze, kuko uriya mugani yezu yaciye avuga umuntu wahishe ikintu cy’agaciro mu murima we ubyerekana.(mt 13:44) 

Kuri Yezu rero umusaraba we ukubiyemo ikintu cy’agaciro cya mubabaje kuruta byose.(urupfu.) n’ikintu cyamushimishije kuruta byose.(Izuka)Niyo mpamvu ariryo banga rikuru abitse ku umutima we ndetse nawe ubwe ubanza bimugora kubivuga. Ubwo ndavuga akiri hano ku isi.Gusa ikizwi ni uko ryari ibanga yavunguriraga ku bigishwa be b’inkora mutima,intumwa.Ndetse rimwe narimwe intumwa akaziheza agafata Petero na bene Zebedeyi.(Mt17:1-9). 
Yezu yihereranaga intumwa ze akazisangiza kuri uwo musarqba we incuro eshatu 
(Mk 8:31-32,9:30-32,10:32-34) Ariko se iryo banga ry’agatangaza izo ntumwa hari n’icyo zitoreragamo urugero ni Petero washatse ku bimubaza (Mt 16:21-23) 
Byana tangira akabyitambika imbere akura inkota ye mu urwubati (Yh18:10-11), abonye bimuyobeye aramwihakana (Mk:66-72) .Nti yashyigikiye Yezu muri iyo nzira.Yari ataracengerwa niryo banga.Koko rero umusaraba wa Kristu ni ibanga rikomeye.Dore kubera kutarimenya abagenga b’iyisi bariho batariho,babambye umwami w’ikuzo (1Kor2:6-8) naho kubera kutarimenya Abagiriki bashimikiriye iby’ubuhanga baribona mo ubusazi naho abayahudi rikabashengura umutima babona ari agahoma munywa.(1Kor1:18-25) Kubera kutamenya iryo banga Pawulo yabangatanye aba Kristu abakurubana imijyi n’insisiro. Ibyo yivugira ko yabiterwaga n’ubujiji ataremera. 
(1Tim 1:12-13) 

Erega koko iryo yobera ni ibanga Roho wa Yezu wenyine ashobora kuduhishurira,we utuye rwagati mu umutima we.Uko niko byagenze ku umunsi wa Pantekositi kuko aribwo intumwa zasobanukiwe niryo banga.Pawulo n’bandi bose bahishurirwa iryo banga ni ku bwa Roho mutagatifu.”Ni twebwe rero Imana yabiseruriye ku bwaroho yayo, kandi Roho uwo acengera byose no kugeza kumayobera y’imana.Koko rero ni nde wamenya akari ku umutima w’umuntu uretse nyirawo nyine.”(1Kor 2:10-11) 

Biragoye koko kwemera ko imana yemera kwicirwa nabo yaremye ku igiti cy’umusaraba.Biragoye kumva ko umuntu wiciwe ku igiti cy’umuswaraba yaciriwe urwo gupfa ashobora kongera noneho kuba muzima? Kubwenge bw’abantu twavuga tuti “ Ni ubugoryi ! Ndetse ni ubusazi. Ikintu kirareka Bantu kirusha imbaraga bakacyica?! Mbega urupfu ! mbega urupfu!Abandi bati ” Ese uwari ufite imbaraga za muzura kuki atazikoresheje ntareke bamwica? 
Ese ubundi kuki yagombye gutegereza iminsi itatu ? Kuki se atazutse ku umusaraba ngo yigaragambye no kubishi ngo abereke ko baruhiye ubusa ? Ibyo ni ibitekerezo by’abantu. Ibya Yezu ni ibindi. Kugirango tumenye ibitekerezo bya Yezu niwe wenyine ushobora kubiduhishurira”Umuntu ugengwa na kamere ye ntashobora kumva ibya Roho w’Imana, koko rero kuriwe ni nk’ubusazi, maze ntashobore kubyumva kubera ko ibyo biserurirwa muri Roho wenyine koko se ni inde wamenya ibitekerezo bya Nyagasani ngo akurizeho kumwungura inama ? Nyamara twebweho twifitemo ibitekerezo bya Kristu”(Kor2:14-16) 

Abahishuriwe rero iryo banga ry’umusaraba,isi nabo ntibumva.Kuko baba bifitemo ibitekerezo itazi.Gusa ikizwi ni uko isi idashobora kubahinyuiza.Kuko icyo umuntu ahinyuza ni icyo aba yabnje gusobanukirwa 
“Naho umuntu uyoborwa na roho w’imana asobanukirwa nabyose,akaba kandi ntawe ushobora kumuhinyuza”(1Kor :15) Uwo Roho niwe muvugizi w’aba Yezu.
(Yh 14:16;Mt10:20) Kandi niwe nyiri ukuri isi idashobora kwakira kuko itamubona kandi ntimumenye (Yh14:17).Kuko isi idashobora guhangana nuwo Roho uba muba Yezu, ishaka kubacecekesha ibafunga cyangwa ibica (Intu 6:8-8,4) Aho kugirango ibyo bizimye Kiriziya ahubwo bikarushaho kuyizura.Kuberako mu ububabare bw’abemera Kristu ahavugururira umusaraba we akarushaho kuwudukirisha.Ngiryo ibanga ry’umusaraba(Kol1:24-29;2Kor 4:1-6,11) 
Niyo mpamvu uwa Yezu nawe wacengewe niryo banga anezezwa no gusangir atyo ububabare hamwe na Kristu. “Ubu rero nshimishwa nuko mbabara arimwe ngirira, maze ibyari bibuze kumibabaro ya Kristu nkabyuzurisha umubiri wanjye, mbigirira umubiri we ariwo Kiliziya”(Kol1:24)”.Niyo mpamvu mpisemo kwiratira mu integenke zange kugirango ububasha bwa Kristu bunyituriremo.Bityo mpimbariirwe mu intege nke zanjye,mu ibitutsi ,mu amage, mubitekerezo no muguhagarika umutima,mbigirira Kristu kuko igihe cyose mba mfite intege nke aribwo nyine mbankomeye.” 
(2Kor12:9b-10). Ngiryo ibanga ry’umusaraba. Imbaraga zihishe, imbaraga nkeya cyangwa intege nke zihishe imbaraga, ibyishimo bihishe mu imibabaro cyangwa imibabaro ihishe ibyishimo.Uko Kristu Yezu yari afite ibyishimo byinshi mu umutima we mugihe yarimo adupfira mu mubabaro mwishi, yishimira ko arokoye imbaga nyamwishi ni nako uvuga ko ari uwa Yezu ububabare bwe budatana n’akanyamunezaneza ko kumutima n’amahoro isi idatanga kandi ntiyatangatange.(Yh16:22;14:27) 

Uwa Yezu yacitse burundu ku binyoma ubu abwiza buri wese ukuri.Ntiyiba ahubwo yihatira gufasha abari mu ubukene. Ntiyambura aba mugurije. Nta jambo ribi rimuva mu akanywa ahubwo muri we havamo ijambo ryiza rihumuriza abandi rikagirira abandi akamaro.Uwa Yezu yacitse burundu ku ubwisharirize byo n’umwaga, n’uburakari n’intonganya no gutukana kimwe n’icyitwa ububisha cyose.Uwayezu ahubwo ahorana ineza n’impuhwe. Kababarira abandi bose ibyaha kuko azi neza ko Imana nawe yamubababriye muri Kristu. Muriwe ntihavugwa ubusambanyi ndetse n’ubwandavure iyo buva bukagera.Uwayezu azi neza ko nta musambanyi cyangwa uwndavuye cyangwa umunyabugugu uzagira umugabane mu ingoma ya Kristu N’Imana Data ni yo mpamvu yahisemo Yezu maze byose akabibamba ku umusaraba we (Ef 4:24;5:) 

Uwa Yezu kandi ntiyishimira kubambanywa na Yezu wenyine.Abihamagarira n’abandi.Ntagira narimwe uruhare ku ibikorwa by’umwijima bitagira icyo bibyara.Ahubwo ahora abyamagana. Nubwo ibyo mwene abo boramye kubivuga biteye isoni we ntibimubuza kubyamagana.Kuko iyo bigeze ku umugaragaro urumuri rugaragaza byose uko bimeze n’ababikora babona ububi bwabyo ku bwa Yezu maze bakabizibukira.Uwa Yezu ahora akangura aboramye mu urupfu kugirango bakanguke bave mu urupfu boretswemo n’ingeso mbi ngo bahaguruke bave mu bapfuye maze Yezu abamurikire (Ef 5:12-14). 

Kubaho kuri ubwo buryo niko kubamba ku umusaraba umubiri n’ingeso mbi n’irari niko kuba uwa Yezu. Niko gupfana na Kritsu no kuzukana nawe.Niko kubabarana na Kristu no kubaho muri we.Niko gukuzwa muri Kristu. 
(Rom 6:3-14; 2Tim 2:8-13). 

Hari abajya bishuka rero bakibwira ko Yezu areregwa.Oya! Icyo umuntu yabibye nicyo azasarura. Ubibira mu umubiri aza sarurira mu umubiri. ( urupfu) naho ubibira muri Riho azayisaruraho ubugingo bw’iteka (Gal 6:7-8)Irari ry’umubiri rishyira urupfu naho Roho agashyira ubugingo n’amahoro (Rom 8:6) Iri hame ntagishobora kurihindura. Ntihazagire umuntu uguhendesha amagambo atagira aho ashingiye (Ef 5:6) Ntuzashukwe n’Abikundira ibyishimo by’umubiri aho gukurikira Yezu.Ntuzashukwe n’abiha isura y’ubusabaniramana ariko mu byukuri bahakana ishingiro ryabwo: Umusaraba wa Yezu Kristu tugomba kubambwaho(2Tim 3:4-5;Fil3:17-19) 

Duhereye aho rero ushaka kuba uwa Yezu agomba kubamba irari rye ku umusaraba.Kubaho kubundi buryo ni ugusabana na Yezu kandi ni ugusabana na sekibi Kandi tuzi neza ijambo rya Yezu rituburira riti :”Ntimushobora kunywera icyarimwe ku inkongoro ya Nyagasani n’inkongoro ya sekibi , ntimushobora kubangikanya ameza ya Nyagasani na sekibi.cyangwa se twaba dushaka kwikururira uburakari bw’Imana? Twaba se tuyirusha amaboko? ” 1kor10:21-22. Niba ushaka rero kuba uwa Yezu bamba kumusaraba ingingo zawe zose ntihagire narumwe rusigara.Ntuzahe sekibi urwaho.Imigambi ye nti tuyiyobewe. (2Kor 2 :11).Reka kuba umupfayongo.Reka kuba umupfu.Ahubwo wihatire kumenya icyo yezu ashaka ugikurikize. Ntiwuzure inzoga ahubwo wuzure Roho mutagatifu (Ef 5:18) 

Koko rero hari amayeri menshi y’umwanzi sekibi- serupfu yoretse imbaga nyishi y’abantu ndetse harimo n’abantu bitwa ngo barasenga! Dore bimwe mubyo Yezu ashaka ko ureka burundu mu igihe sekibi agushukisha amaryohereza akubwira ko ntacyo bitwaye.Wibuke ko Yezu atubwira agira ati :” Niba ikiganza cyawe kigutera gukora icyaha, ugice, kuko ikiruta ni uko wakwinjira mu ubwami bw’ijuru ufite ikiganza kimwe aho kugira ngo ujyane ibiganza byombi mu umuriro utazima.Niba ikirenge cyawe kigutera gukora icyaha ugice, kuko ikiruta ari ukwinjira mu ubwami bw’Ijuru ucumbagira aho kugira ngo ujye mu inyenga y’umuriro ufite ibiganza byawe byombi.Niba ijisho ryawe rigutera gucumura rinoboremo kuko ikiruta ari uko wakwinjirana rimwe mu ingoma y’Imana aho kugirango winjirane yombi mu inyenga y’umuriro, aho urunyo rudapfa n’umuriro ntuzime.”(Mk 9:43-48) “Mwarumvise ko byavuzwe ngo ntuzasambane,njyeweho mbabwiye ko ureba umugore akamwifuza, mu umutima we aba yamusambanije.” (Mt 5:27). 

Duhereye ku inama za Yezu kandi twibuka amayeri y’umwanzi sekibi,uwa Yezu amenya ko igihe cyose uyobowe n’irari ry’umubiri wawe,urugingo wakoresheje urwoa rirwo rwose nicyo warukoresheje icyo aricyo cyose bizakugabiza urupfu wanze ukunze. Birababaje kumva abantu bimitse umuco wo gusomana mukanywa cyangwa ku ubundi buryo ,hagati y’abahungu n’abakobwa cyangwa abagabvo n’abagore ndetse n’abagore hagati yabo cyangwa abagabo uwabo birababaje kumva abantu nkabo bumva ko nta cyaha barimo.Gusambana si uguhuza ibitsina gusa. N’umurebye akamwifuza aba yamusambanije nankaswe wowe uba wamukorakoye aho ariho hose, wamukojejeho ibyo ushaka byose warangiza uti “Ndi umwere wayo maraso”!Abo shitani yaziritse aho hantu ni benshi kandi bazumirwa (Bazahomaho). Shitani rero ubashukisha amgambo ashimishije ngo ni ukwikundanira “ ni ugufilinga”.Mbega imbaga nyamwishi ngo irorekwa n’umwanzi. Abo bose bameze nku ubushyo bashoreye babujyanye mu ibagiro bwo bugira ngo babujyanye mu urwuri. Abo bose”Babyagiye ikuzimu nk’intama mu igikumba, nyirarupfu akaba ariwe ubashorera abajyanye mu urwuri, maze bwacya abantu b’intungane bakabagenda hejuru, isura bahorabye ikayokera ikuzimu, bazabe ariho batura iteka.” (Zb 49:15) 

Amayeri ya sekibi abuza benshi kuba ku umusaraba wa Yezu.Ariko urangamira uwo bahinguranije abafasha kuyatahura no kuyata kure yabo. Mu ibaruwa Abepisikopi banditse muri mata 2003 yitwa ngo “ Hitamo ubugingo urekeurupfu” mu ingingo ya 22 hari aho bagira bati”Tugomba kwigisha dushishikaye kugirango tuvane abantu mu ibyaha ndetse n’imyifatire mibi ibangamiye ubumanzi, ikurura n’ubusambanyi. Turamagana abantu bakurura irari ribi, ubuhabara uburaya , abafata abana n’abagore ku ingufu imyambarire idahwitse, amashusho amena amabanga y’imibonano mpuza bitsina bigambiriye gusa kwiyandagaza.” Muri urwo rwego rero abirirwa batunuriye amaso amashusho y’ibitera soni n’abagenda baratira isi umubiri wabo, abo bose ntibibwireko umusaraba wa Yezu hari aho bahuriye nawo! Sekibi yihererana bamwe ndetse bakanisambanya bo ubwabo cyangwa bagasamabana n’abandi bahuje ibitsina. Hari nabimitse sekibi sekwiyongerera umubiri. Nkaho Imana Data hari uwo yaremye ari igice. Abo bose se hari aho bahuriye n’umusaraba wa Yezu? Hari n’abandi bimitse umubiri bawumariraho ibyabo byose,barihinduranya nako barihindanya,umusatsi, inzara, ingohe.. Yewe sekibi nagende yasekaguye benshi! Bose Roho wa Yezu ntakindi abasubiriramo uretse iri jambo ngo:”Aba Kristu Yezu babambye ku umusaraba ingeso mbi n’irari ”(Gal 5:24) None se kubamba umubiri wawe ku umusaraba wa Yezu ni ukwihata amasabune y’ubwoko bwose aguhindura uko utaremwe (Yer 2:22-23; 1Tim2:9-10;1Pet 3:1-6). 


Mu buzima busanzwe abahetse umusaraba wa Kristu ubuzima bwabo isi buyibera amayobera maze ikabita abasazi.Ngose bariya bigize ibiki?Ntituzi ibyo bigize!Ese bari mubiki ? Umukobwa wize kandi umeze kuriya agiye kurindagirira mu babikira? Sha ubwo bwiza bwawe ugiye gupfusha ubusa nta soni! Ubworero ugiye gupfa utabyaye? Mbega gupfusha uruhagararo!Abandi bakirirwa mu imirimo yabo naho wowe ukirirwa utuniye amaso mu ikiriziya! Ariko kuki mwe muhora mu masengesho? Ubuse twe mwibwira ko tudasenga? Ese Yezu wanyu uwo we ntazabarambirwa? Usibye ababa benda kwerekeza ubwato bwabo mu mazi magari ngo babe kurushaho aba Yezu,nu undi wese uteye agatambwe gato yerekeza kwa Yezu ntabura gutera isi kikibazo.Uretse ingeso mbi wese, yemeye umusaraba wa yezu ni ngombwa ngo asererezwe n’abazisaziyemo (Pet 4:1-6) 

None se iryo banga ry’umusaraba wa Yezu warihishurirwa ate? Mu byukuri mbere nambere kumenya uriguhishurira ni byo by’ingenzi.Yezu Kristu ubwe niwe ushobora kuriguhishurira.(Gal 1:11-12) Aho rero ushobora gushakira Yezu harazwi.Uzarushaho guhishurirwa ibanga ry’umusaraba nu ukunda kumva Misa, ugakunda gushengerera Yezu uri mu isakaramentu ry’Ukarisitiya, ugakunda gusoma ijambo Ry’Imana mu ri Bibiliya no kurizirikana, kandi ukiyambaza umubyeyi Bikiramariya uvuga Rozari.Kwemera gukurikira iyo nzira yo gushaka shaka Yezu ni nako gutangira guhishurirwa ibanga ry’umusaraba; bityo ukagenda urushaho kuwakira.Maze ukawikorerana ibyishimo 

3.UKO TWATWARA UMUSARABA WA YEZU KRISTU 

“Nabanywe na Kristu ku umusaraba.Mubyukuri ndiho ariko sinjye: Ni Kristu uriho muri jye kuba ubungubu ndiho mu umubiri ni uko ndiho mu ukwemera umwana w’Imana wankunze ubwe akigabiza urupfu ari jye agirira.”(Gal 2:19b-20) 
“Igisigaye ni ukumumenya , we wazukanye ububasha no kwifatanya nawe mu ububabare bwe, ndetse no kwishushanya nawe mu urupfu rwe, kugirango nibishoboka, nanjye nzagere ku izuka mu bapfuye.”(Fil 3:10-11)”Twebwe twamamaza Kristu wabambwe ku umusaraba” 1Kor1:2 
Muri make tuvugeko gutwara umusaraba wa Yezu kristu ari ukuwakira nyine mu ubuzima bwawe, ukawumenyesha abandi,ukawubambwaho kandi ukawuhimbaza mu masakaramentu. 

3.1 KWAMAMAZA UMUSARABA WA YEZU KRISTU 

Ushobora kwamamaza umusaraba wa Yezu Kristu ukoresheje ururimi rwawe.Abo mubana , abo muhuye bakamenya ko Yezu afite ububasha bwo gukiza.Bakamenya agaciro kuwo musarba we (Urupfu n’izuka bye).Kwamamaza iyo nkuru nziza ni ukwiteganyiriza ubugingo bw’iteka.Koko rero hahirwa abamamaza uwomutima wa Yezu. Azawubakomerezamo abahe gutsinda umwanzi sekibi(Rom :108-10). Imvugo ikiza y’umusaraba ntisohokera ubusa mu kanywa ku umuntu.Ntanubwo abayumvise bayumvira ubusa, ku bwa Yezu.None se wowe ugezehe ubwira abandi ngo bibuke Yezu Kristu wazutse mu bapfuye(2Tim2:8)? Ese ugezehe wumvisha abndi ko tugomba guhihibikanishwa n’urukundo rwa Kristu we wadupfiriye akazukira kudukiza 
(2Kor 5:14-15)?Uko ni ukwamamaza umusaraba wa Yezu kandi birakiza. 


Ushobora kandi kwamamaza umusaraba wa Yezu umanika mu inzu yawe ikimenyetso kiwerekana.Ishusho ya Kristu Yezu ubambye ku igiti cy’umusarba ni uburyo bukomeye bwo kwamamaza umusaraba wa Yezu Kristu.Tugomba kugira ishyaka ry’umusaraba nka Tereza w’I liziye(w’umwana Yezu n’uwuruhanga rutagatifu.)Uyu mutagatifu yaravugaga ati “Icyampa ngashinga umusaraba ahantu hose”. 

Nyamara kwambika umusaraba inkuta wowe ugasigarira aho ntacyo byaba bimaze.Kwambara ikimenyetso cy’umusarba kiragurira abandi amaso nabyo ni ukwamamaza.Nkuko Pawulo atubwira ati”Mwebwe mwese ababatijwe muri Kristu mwambaye Kristu”(Gal 3:27).Tugomba rero kwerekana ko tumwambaye, twikoreye umusarba we, twemera no kugaragaza ikimenyetso cyawo aho tunyuze hose.Ese kuki umuntu yakwirirwa abaririza niba uri umukristu? Ufite isoni se zo kubigaragaza?Ari uko bimeze waba utaramenya Yezu kristu uwo ariwe. 

Ubundi buryo bw’agatangaza bwo kwamamaza umusaraba wa Kristu ni ugukora ikimenyetso cy’umusarba.Gukora ku ikimenyetso cy’umusarba ni isengesho ritangirira ayandi rikana yasoza.Ibyo umukristu agomba kubimenya akanabyitaho.Igihe cyose naho waba urihose uzatangize isengesho ryawe ikimenyetso cy’umusaraba kandi unarisozeshe ikindi.Uko ni ukwamamaza umusaraba wa Yezu Kristu.Koko rero mu umusaraba niho ibyiza bya Yezu byose bitugeraho binyuze.Imigisha yose ndetse n’imitongero mitagatifu iherekezwa cyangwa se igakorerwa mu ikimenyetso cy’umusaraba. None se ni iki twa kora kikadutagatifuza hanze y’umusarba wa Yezu Kristu. 

Turamenye rero ntituzagire isoni zo kubera umwami wacu umuhamya (2Tim1:8).Nyamara iyo urebye usanga gukora ku ikimenyetso cy’umusarba bikorwa na bake ku mugaragaro. Aho sesiho Yezu ahubwo aba akeneye kudushinga umusraba we nkuko nawe yaba mbwe ari kumanywa kandi I Yeruzaremu. None kukii twahisha icyo kimenyetso cy’umukiro.Wigira isoni zo guhamya Yezu.-Waba uri mu isoko , waba uri mu ishuri ,waba uri kwa mu ganga ,waba uri aho bakorera ikizamini wigira isoni zo kwamamaza uwo wamariyemo ikizere cyawe.Kora ku ikimenyetso cy’umusaraba maze ubebeze sekibi.Ku umuhanda mu iriba mu ikabari hose, ntugatinye ku hakorera ikimenyetso cy’umusaraba wa Yezu.Icyo nemeza ni uko gukora ku ikimenyetso cy’umusaraba wambaza Imana Data. Mwana , Roho Mutagatifu incuro nyishi bironkera ingabire ubikora abyihatire muri Yezu kandi ubifashijwemo na Bikiramariya. Biza tuma urusha kuwubambwaho. 

3.2. KUBAMBWA KU UMUSARABA WA YEZU KRISTU. 

“Aba Kristu Yezu babambye ku umusaraba umubiri wabo n’ingeso mbi ndetse n’irari” Gal 5:24. 

Uvuga wese ko ari uwa Yezu atabambye ku umusaraba we(Gal6:14) Uwo nguwo ni umubeshyi.Uwa Yezu yemeye gucika burundu ku ibyari bimurimo , bya muteraga gutwarwa n’ibyisi,nku ubwiyandarike n’ubusambanyi n’ingeso mbi n’irari ribi,ibyifuzo bibi n’ubugugu (Kol 3:5 ) Uwa Yezu yaciye ukubiri ni’imibereho ye yo hambere yivanamo imigenzereze ya muntu w’igisazira ugenda yiyangiriza mu ibyifuzo bibi bimuroha. Avugurura umutima we hamwe n’ibitekerezo bye ahinduka muntu mushya waremwe uko Imana Data abishaka mubudakemwa no mu butungane 
(Ef 4:22-24). 
Nkuko Kristu Yezu yabambwe ku umusaraba agapfa rimwe rizima akazuka ni nako uwa Yezu aba yarapfuye burundu kuri izo ngeso mbi zose kuburyo atongera kuzisubira ukundi abikesha Kristu (2 Tim 1:6-14; Yh 10:28-30). Nka Yezu Kristu kandi ubambye ku umusaraba akurikira inzira nkiye mu ubwiyumanganye (1Pet 2:19-24) N ta teshwa umutwe n’ibitotezo cyangwa no gucishwa bugufi n’isi, kuko aba azi neza ko Yezu akorera ariko byamugendekeye. 
(Fil 2:5-11; Heb 12:1-4).Kugirango rero ibyo abishobore uwa Yezu rero azirikana iryo banga ry’umusaraba kandi akarihimbaza, akaba ariryo avomamo imbaraga. 


“Mbese inkongoro y’umugisha tunyweraho dushimira Imana, si ugusangira amaraso ya Kristu ? N’umugati tumanyuriye hamwe,si ugusangira umubiri wa Kristu.”(1Kor ):16. 


3.3 . GUHIMBAZA UMUSARABA WA YEZU KRISTU 


“Kuko igihe cyose murya kandi mukana nyweara kuri iyi nkongoro,muba mwamamaza urupfu rwa Nyagasani kugeza igihe azazira.” (1Kor11:26) 

Umusaraba wa Nyagasani Yezu rero uhimbarizwa mu masakaramentu,by’umwihariko mu isakaramentu ry’Ukarisitiya.Isakaramentu ry’Ukarisitiya niryo rihimbaza by’agahebuzo umusaraba wa Yezu Kristu.Mu yandi magambo igitambo cya Misa gihimbaza urupfu n’izuka kurusha ubundi buryo bwose bene muntu bashobora gukoresha hano munsi y’izuba.ni Yezu ubwe wabidutegetse kandi atwereka n’ukotuza jya tubigenza. (Lk 22:14-20; 1kor 11:23-32) “ugihe cyose rero abemera Kristu bateranye batura igitambo cya Misa,Yezu ubwe aba ahari kandi aga komeza umurimo we wo kudukiza.Misa n’umusaraba bifitanye isano ikomeye.Mu Misa Yezu yongera gusesa amarasoye ku umusaraba ku buryo butaboneshwa amaso ariko nyabwo rwose. Maze ayo maraso ye , uwo musaraba we akawudukirisha. Niba rero umukiro ntahandi uri uretse ku umusaraba wa Yezu Kristu,birumvikana rero ko mwene muntu ntahandi ashobora gukura umukiro uretse mu Misa.Aho umusaraba uhimbazwa kandi ukahatangira ubuzima kubiremwa byose. 

Birababaje rero kubona abakristu b’izina gusa batumva agaciro ka Misa,bakayisiba uko bishakiye banyuzamo bakayikererwa, batana yikererwa bakumva ari imihango y’uruhererekane ibahenesha umutima gusa.Mbega agahinda hari nababa bahari ariko badahari, bakarangara cyangwq bakitekererza ibibazo byabagonze.Iyaba bari bazi ko ibyo byose babituye ubutarambirwa Yezu kuri Alitari yahita abereka ko ahari kandi ahakiriza.Incuti y’umusaraba wa Yezu rero uzayibwirwa n’uko idasiba Misa bibaho kandi atari iy’iyicyumweru gusa ahubwo no kumibyizi yose. 

Guhimbaza umusaraba wa Yezu ariko mu ukarisitiya ntibirangirira mu Misa gusa ahubwo bikomeza mu igikorwa gikomeye cyo “gushengerera” .Incuti zu umusaraba wa Yezu uzazibwirwa no kurangamira uwo bahinguranije (Yh19:37).
Aba Yezu wabambwe barangamira Ukarisitiya urwibutso rw’urupfu n’izuka rye maze bakarushaho kuryoherwa n’umusaraba.Hari abibwirako gushengerera bigoye ariko abo baribeshya ahubwo ni abadakunda Yezu.Ese uwo ukunda warambirwa kumwicara iruhande umuteze amatwi? Ukoze utyo aba ahisemo imigabane isumba iyindi atazigera yamburwa (Lk 10:38-42). Gushengerera rero ni ugutakira Yezu umuhanze amaso kandi ucecetse. 

Hari uwakwibeshya ko utavuga ataba asenga! None se iyo umwana ashaka gusaba umuntu umugati afite mu intoki, akenshi nta mureba gusa akicecekera.Maze nyiri umugati yaba adashaka gutanga akitanguranywa ati kindeba! Ayo maso aba yavuze byose.Yezu se niwe uyobewe kutureba mu maso ngo amenye icyo dushaka?Yezu we abona ndetse nibyo twe tutibonera kandi akabitwereka. Gushengerera rero ni ugutumbira Tabelinakolo cyangwa gutumbira umugati uri muri ositanswari maze ugatuza.Ni ugutunura no gutuza. Amaso “tunu ” akanywa ngo “ce”imbere y’isakaramentu ng’uko gushengerera. Ugiye gushengerera akabanza kubwira Bikiramariya bakifatanya arushaho kubikora neza. 

Incuti z’umusaraba wa yezu rero zikomeza guhimbaza uwo musaraba muri iryo sengesho,abatazi Yezu bose badasobanukirwa.Nyamara rwose ntushobora gucengera ibanga ry’umusaraba mugihe cyose udafunguye amaso ngo ufunge umunywa, maze utangarire urwo rukundo rwitanze utagatifuzwe.Usibye no gushengerera inshuti z’umusaraba ni n’incuti z’Ukarisitiya n’ibijyana nayo byose. 
Mbese hari inshuti ya Yezu wabambwe ku umusaraba ishobora kunyura iruhande rwa kiriziya itabanje ngo imusuhuze? Kugera kenshi imbere ya Taberinakolo bitanga ingabire z’agatangaza.Abisunze umusaraba barushaho gusukurwa.Ngaho rero himbaza umusaraba wa Yezu wumva Misa kandi ushengerera,ntashiti uzarushaho gushegesha mushukanyi no gutungwa na mugati utang ubugingo. 

Andi masakaramentu yandi nayo ahimbaza umusaraba wa Yezu .Nta mugayo kandi iyo adapfa ngo azuke nta sakaramentu ryari kubaho.Guhimbaza umusaraba mu masakaramentu kandi ni no guhimbaza umubyeyi wayo.Kuko amasakaramentu yose asohoka mu musaraba.Nk’ ubatizwa apfana na Kristu kandi akazukana nawe 
(Kol 2:11-13). Icyo ni igikorwa cy’umusaraba . Ariko kandi ubatizwa ni n’uwemeye umusaraba.Ni uwemera ko Yezu Kristu yamupfiriye akazuka.Ni uwemera ko Kristu ari umutegetsi n’umukiza. (Intu 2:22-41). 

Naho isakaramentu ryu ugukomezwa,ingabire ritanga cyangwa Roho Mutagatifu ubwe tu mukesha umusaraba wa Yezu.Kuko mbere y’uko yezu apfa ngo azuke Roho Mutagatifu yari ataratangwa (Yh 7:37-39; 16:7).Kandi uwo Roho abamuhawe ubutumwa bwabo ni ukubera Kristu abahamya bemeza ubudatuza ko Yezu yapfuye kandi akazuka,ndetse nabo bahamya bakaba biteguye kubizira aho kugirango babiceceke. 
(Intu 5:26-32). 
Isakaramentu rya Penetesiya ryo rihimbaza umusaraba wa Yezu risuka impuhwe ku banyabyaha.Ni ibyaha byacu yari yikoreye ku umusaraba we.None aranawifashisha ngo agukeshe.Mumaraso ya Ntama w’Imana tuhisukurira dutyo. 
(1P 2:19-24; 1Kor 15:1-5: Rom 5:6-11;Hish 12:11;Hish 7:14).Inshuti y’umusaraba wa Yezu rero ntihwema kubona ibyaha byayo no kubizanira Yezu mu isakaramentu rya Penetesiya.Kandi utumvako ari umunyabyaha sekibi aba yaramugize icyari cyabyo.Inshuti ya Yezu ihimbariza kenshi gashoboka umusarba we muri iryo sakaramentu ry’impuhwe. (Yh20:22-23). 
Naho u Gushyingirwa guhimbaza umusaraba gutanga ingabire y’urukundo nkurwo Kristu yakunze kriziya ye kugeza nubwo ayipfiriye. (Ef 5:21-33). 
Umugabo agereranywa na Kritu naho umugore akagereranywa na kriziya.Imbaraga zo gukomera kuri iryo sezerano bazivoma ku umusaraba kuko batemerewe gutandukana 
( Mt 19:3-6) nkuko Kristu adashobora gutandukana na Kriziya ye. 

Isakaramentu ry’u Gusigwa kw’abarwayi rihimbaza umusaraba rifasha umurwayi kwakira ubwo bubabare nk’ingabire imusabanya n’umusaraba dukirizwaho.Rimuha ingabire yo kwihangana kandi kububasha bwuwo musaraba akaronkeraho n’ingabire yo gukizwa ibyaha yakoze. Iryo sakaramentu rimufasha kugurura amarembo y’amizero kuko Yezu Kristu wapfuye akazuka yatsindiye urupfu ku umusaraba.Iyo ngabire rero ituma umurwayi asa na Yezu mu ububabare bwe (Kol1:24). 

Isakaramentu ry’u Busasaridoti ritanga ingabire yo guhimbaza amabanga y’umusaraba kuburyo bw’umwihariko.Abarihawe ribashushanya kurushaho na Yezu wabambwe ku umusaraba.Kuburyo nabo bahora biteguyeho ituro kugirango Roho z’abantu zikire. (1Tes 2:8; Fil2:17).Abahawe iri sakaramentu kandi bahabwa kubwumwihariko ubutumwa bwo kwamamaza umusaraba wa Nyagasani Yezu kandi bakaba bagomba no kuwubambwaho ku bwa Yezu (2Kor 6:3-10; Yh 13:20 ; Mt 10:40). 









4. UMWANZURO 

“Murahirwa nibabatuka, bakanabatoteza ,bakanababeshyera ku uburyo bwose, ari jye babahora.Nimwishime munezerwe kuko ingororano yanyu izaba nyishi mu Ijuru” 
(Mt 5:12) 

Abatazi ibanga ry’umusaraba ntibashobora kumva ihirwe ryaba mu kwangwa n’abantu no gutukwa na bo (Lk 6:22-23) 
Kubahishuriwe iryo banga nguwo umunezero.Nguko uko umusaraba wa Yezu utubereye umukiro.Muri wo ibyagombaga kudushengura biduhindukira ibyishimo.Kubera ubwiza bwiryo banga ninayo mpamvu ryamamzwa. Maze mugihe rihimbazwa rikarushaho kwera imbuto. 

Gusa ikibabaje ni uko abantu benshi bakigenza nkabanzi b’umusaraba wa Yezu: Abatwawe n’irari n’amaraha,abemera Yezu ariko binubira ibibazo bahura nabyo.Abo bose ni abanzi b’umusaraba.Kuko uwanze umusaraba yanze n’uwawubambweho! Ubonye uyu munsi iryo banga nyakumviswe na bose maze buri wese agashimishwa no kubabarira muri yezu bityo agasabana n’umusaraba we. 

Bikiramariya umubyeyi w’umusaraba adusabire kudasubira n’imbere y’ahadusaba amaraso kubera ikuzo rya Yezu Kristu wapfuye akazuka we byishimo byacu ubu n’iteka ryose. 

vendredi 2 avril 2010

Pâques

Pâques
CzechowiczSzymon.1758.Zmartwychwstanie.jpg
Peinture représentant la résurrection de Jésus-Christ.

Observé par Chrétiens
Type Célébration religieuse
Signification Commémoration de la résurrection de Jésus-Christ
Date précédente 12 avril 2009
Date courante 4 avril 2010
Date suivante 24 avril 2011
Célébrations Veillée pascale
Observances Prière, communion
Lié à Calendrier chrétien







Pratiques
Spécificités
Constructions religieuses
Baptistère · Basilique · Cathédrale · Chapelle · Collégiale · Église · Monastère · Temple
Symboles
Chrisme · Croix chrétiennes · Deo optimo maximo · Ichtus · Rose de Luther

Pâques (ou dimanche de Pâques) est une fête religieuse chrétienne qui commémore la résurrection de Jésus-Christ, le troisième jour après sa passion[1]. C'est le jour le plus saint du calendrier chrétien. Il marque la fin du jeûne du Carême.
« Pâque », de l'hébreu פסח Pessa'h « il passa [par dessus] » d'où « passage », est le nom de la fête juive qui commémore la sortie d'Égypte. D'après les Évangiles, c'est pendant cette fête juive[2] qu'eut lieu la résurrection de Jésus ; c'est pourquoi le nom a été repris pour désigner la fête chrétienne. Le mot hébreu donne en latin Pascha dont dérive le mot français après amuïssement du s et remplacement de as par un â avec un accent circonflexe.
La formule « Pâque orthodoxe » est parfois utilisée pour désigner cette fête lorsqu'elle est célébrée par les Églises orthodoxes à une date qui diffère de la date occidentale. Mais cet usage est incorrect car le « s » de Pâques ne fait pas référence à une pluralité de dates. La langue française distingue en effet « la » Pâque originelle juive et la fête chrétienne de Pâques. La première commémore la sortie d'Égypte par un repas rituel qui s'appelle aussi « la Pâque ». La fête chrétienne est multiple. Elle commémore à la fois la sortie d'Égypte, l'institution eucharistique lors du repas de la Pâque, la crucifixion du Christ et son repos au tombeau le septième jour, sa résurrection, passage de la mort à la vie, et la nouvelle création inaugurée le huitième jour.
Il existe également une Pâque quartodécimaine pratiquée par certaines Églises chrétiennes : certains groupes religieux comme la Conférence Générale de l’Église de Dieu (Septième jour) ou certains Baptistes du Septième Jour choisissent de pratiquer cette cérémonie en concordance avec la Pâque juive[3].

Date de Pâques 

Article détaillé : Calcul de la date de Pâques.
Le dimanche de Pâques, ainsi que les fêtes qui y sont liées, se déroulent à des dates variables du calendrier grégorien comprises entre le 22 mars et le 25 avril. À titre d'exemple, les dates contemporaines de Pâques sont les dimanches :
  • 12 avril 2009,
  • 4 avril 2010,
  • 24 avril 2011.
Ces dates sont celles du calendrier grégorien, qui suit le mouvement du soleil et les saisons. En fait, elles sont basées sur le calendrier lunaire, comme celui utilisé par les Juifs pour fixer notamment la date de la Pâque juive.

Historique de la détermination de la date de Pâques

Après le Ier concile de Nicée en 325, il fut décidé que le calcul de la date de Pâques se ferait selon une règle fixe[4]. Ainsi, Pâques est célébrée le dimanche après le 14e jour du premier mois lunaire du printemps, donc le dimanche après la première pleine lune advenant pendant ou après l'équinoxe de printemps. Dans la pratique, il est plus simple de revenir aux origines : Pâques correspond au premier dimanche qui suit la première pleine lune de Printemps. En revanche, la date peut varier suivant la longitude de la ville où l'on effectue l'observation. Les catholiques choisissent Rome.
Finalement, toutes les églises acceptèrent la méthode d'Alexandrie qui place l'équinoxe de printemps dans l'hémisphère Nord le 21 mars (alors que le vrai peut intervenir un ou deux jours avant ou après).
Un problème, apparu plus tard, est la différence des pratiques entre les églises occidentales et les églises orthodoxes. Les premières adoptent le calendrier grégorien pour calculer la date de Pâques, alors que les dernières utilisent toujours le calendrier julien originel. Le Conseil œcuménique des Églises proposa une réforme de la méthode de détermination de la date de Pâques lors d'un sommet à Alep (Syrie), en 1997. Cette réforme aurait permis d'éliminer les différences de dates entre églises occidentales et orientales[5] ; elle devait entrer en application en 2001, mais échoua.
Le calcul de la date de Pâques est assez complexe ; il est connu sous le nom de comput. Il existe des tables traditionnelles, mais aussi des algorithmes plus mathématiques pour la retrouver. La première méthode développée par Carl Friedrich Gauss avait quelques erreurs : en 1954 (la formule donnait le 25 avril au lieu du 18 avril) et en 1981 (le 26 au lieu du 19 avril). De nombreux autres mathématiciens ont depuis développé d'autres formules. Voir des calculs détaillés dans l'article du calcul de la date de Pâques.

Situations particulières [modifier]

Les deux jours de Pâques (le dimanche et le lundi) sont reconnus comme jours fériés par la plupart des pays de tradition chrétienne, excepté aux États-Unis où Pâques est célébrée seulement le dimanche de Pâques ; en revanche, le vendredi saint y est férié. En France par exemple, le lundi de Pâques est férié depuis la loi du 8 mars 1886. Dans les départements français de l'Alsace et de la Moselle, le vendredi saint, qui précède le dimanche de Pâques, est également férié.

Symbolique 

Souvenir d’Azov, œuf de Fabergé, créé pour le Tsar de Russie.

La Lumière 

Pour les chrétiens, le symbolisme de la lumière de Pâques a un sens cosmique. La référence à l'équinoxe et à la pleine lune (voir plus haut la date de Pâques) n'est pas pour eux quelque chose de fortuit : elle est voulue par Dieu lui-même. Ce n'est qu'à l'équinoxe que le Soleil éclaire toute la Terre tandis que, au même moment, la pleine lune continue à réfléchir ses rayons pendant la nuit[6].
Certains symboles de la fête de Pâques sont à retrouver parmi ceux de la fête juive de Pessa'h et ont pris une autre signification par rapport au Christ. D'autres se rapportent aux épisodes relatés dans les Évangiles.

L'agneau sacrificiel 

Article détaillé : agneau pascal.
La résurrection du Christ, Sainte Barbara, Sainte Catherine, triptyque de Lucas Cranach l'Ancien
La meilleure identification provient du chapitre 53 du prophète Isaïe (versets 5 à 7) « Mais il était transpercé à cause de nos crimes, Écrasé à cause de nos fautes ; Le châtiment qui nous donne la paix est (tombé) sur lui, Et c'est par ses meurtrissures que nous sommes guéris. Nous étions tous errants comme des brebis, Chacun suivait sa propre voie ; Et l'Éternel a fait retomber sur lui la faute de nous tous. Il a été maltraité, il s'est humilié et n'a pas ouvert la bouche, Semblable à l'agneau qu'on mène à la boucherie, à une brebis muette devant ceux qui la tondent ; Il n'a pas ouvert la bouche. »
Le fils d'Abraham se transforme en fils de Dieu : « Voici : tu deviendras enceinte, tu enfanteras un fils, et tu l'appelleras du nom de Jésus. Il sera grand et sera appelé Fils du Très–Haut, et le Seigneur Dieu lui donnera le trône de David, son père. » (Luc chapitre 1, versets 31 et 32). C'est d'ailleurs à cause de cette seule affirmation qu'il sera crucifié : « Les Juifs lui répondirent : Nous avons une loi, et selon la loi, il doit mourir, parce qu'il s'est fait Fils de Dieu. » (Jean 19:7).
Le bélier que trouve Abraham devient l'Agneau de Dieu : « Le lendemain, il vit Jésus venir à lui et dit : Voici l'Agneau de Dieu, qui ôte le péché du monde. » (Jean 1:29)
Il ne dit rien : « Jésus garda le silence et ne répondit rien. Le souverain sacrificateur l'interrogea de nouveau et lui dit : Es–tu le Christ, le Fils du (Dieu) Béni ? » (Marc chapitre 14, verset 61)
Mais cette mort mène à la résurrection : « Jésus commença dès lors à montrer à ses disciples qu'il lui fallait aller à Jérusalem, souffrir beaucoup de la part des anciens, des principaux sacrificateurs et des scribes, être mis à mort et ressusciter le troisième jour. » (Matthieu 16:21) mais que l'on retrouve aussi dans (Matthieu 20:19 - Luc 9:22 - Luc 13:32 - Luc 18:33 - Luc 24:46).

Le sang 

Le sang des agneaux servait de signe pour épargner les Hébreux lors de la délivrance et de la sortie d'Égypte : « Quand l'Éternel traversera l'Égypte pour frapper et qu'il verra le sang sur le linteau et sur les deux poteaux, l'Éternel passera par–dessus la porte et ne laissera pas le destructeur entrer dans vos maisons pour (vous) frapper. » (Exode 12:23).
Ce même sang permet la relation avec Dieu via le Christ : « C’est pourquoi Jésus aussi, pour sanctifier le peuple par son propre sang, a souffert hors de la porte. » (Hébreux 13:12)

L'évangile

Jésus et ses disciples, principalement juifs, ont donc naturellement fêté cet évènement tout en lui donnant un sens plus profond (pour les chrétiens), car assimilant la sortie d’Égypte à la délivrance définitive de la désobéissance à Dieu, une des significations du mot péché :
« Et leurs cadavres (resteront) sur la place de la grande ville, qui est appelée dans un sens spirituel Sodome et Égypte, là même où leur Seigneur a été crucifié. »
— Apocalypse, chapitre 11, verset 8

Le pain 

Concernant le pain, les chrétiens sont aussi appelés à ôter le levain de leur vie. Dans l'Évangile, cela prend une signification spirituelle :
« Sur ces entrefaites, les gens s’étant rassemblés par milliers, au point de s’écraser les uns les autres, Jésus se mit à dire en premier lieu à ses disciples : Gardez–vous du levain des Pharisiens, qui est l’hypocrisie »
— Luc 12:1
Ou encore dans une lettre de saint Paul :
« Il n’est pas beau, votre sujet de gloire ! Ne savez–vous pas qu’un peu de levain fait lever toute la pâte ? Purifiez–vous du vieux levain, afin que vous soyez une pâte nouvelle, puisque vous êtes sans levain, car Christ, notre Pâque, a été immolé. Célébrons donc la fête, non avec du vieux levain, ni avec un levain de perfidie et de méchanceté, mais avec les pains sans levain de la sincérité et de la vérité. »
— 1 Corinthiens, chapitre 5, versets 6 à 8

Célébrations religieuses

Église catholique romaine 

Pâques (aussi appelé le dimanche de Pâques) est la solennité la plus importante (juste devant Noël) de l'Église catholique, c'est-à-dire qu’il est obligatoire de chômer et d'assister à la messe. En fait, la liturgie spécifique à Pâques commence par la vigile pascale, célébration aussi respectée par certains anglicans et luthériens. Souvent, la vigile pascale est l'occasion, pour les croyants, de recevoir le sacrement du baptême ou de la confirmation. La nuit du matin du dimanche de Pâques se font donc l'allumage du feu nouveau du cierge pascal, la bénédiction des fonts baptismaux, la lecture des prophéties et le chants des litanies. Normalement, Pâques est le jour de l'année que choisissent les fidèles qui ne vont à la messe qu'une fois par an pour communier (d'où l'expression «faire ses Pâques»), ce qui leur impose d'aller se confesser au préalable. En effet, depuis le Jeudi Saint, il n'y a pas eu de véritable messe (donc aucune communion), seulement des célébrations liturgiques telles que la surnommée «Messe des présanctifiés» du Vendredi Saint. Symboliquement, pour les catholiques, la veillée pascale et son cierge traduisent la Résurrection du Christ, le renouvellement solennel de l'engagement de leur baptême par l'ensemble des chrétiens.
Ainsi, le Carême est terminé et l'accent est mis sur l'innocence retrouvée et sur la valeur de l'initiation chrétienne. Lorsque le jour est levé, s'ensuit alors l'office suivant : la messe de la Résurrection. Le Christ, aussi appelé le Rédempteur, a vaincu pour les mortels le péché, le démon et la mort même. Jésus- Christ s'est donc fait l'agneau de Dieu, l'Agnus Dei, sacrifié lors de la crucifixion, et qui enlève les péchés du monde par sa mort et sa résurrection. Cette messe de Pâques a donc une symbolique qui exprime ainsi l'apex de toute l'année liturgique des catholiques car elle leur rappelle leurs devoirs de chrétiens grâce à ce renouveau spirituel. Pâques est aussi l'une des rares occasions pour le Pape de prononcer la célèbre bénédiction urbi et orbi. Enfin, ce dimanche vient clore le triduum et la Semaine Sainte.

Spécificités catholiques selon les pays 

En Belgique, en France et en Italie, les cloches sont rendues silencieuses lors du jeudi-saint pour éviter qu'elles ne sonnent pendant les deux jours suivants.
Aux Philippines, au matin de Pâques (appelé localement Pasko ng Muling Pagkabuhay ou les Pâques de la Résurrection), la célébration est marquée par des actes de joie. À l'aube, Salubong, le premier d'entre eux, fait mettre ensemble de grandes statues de Jésus et Marie illustrant la première réunion de Jésus et de sa mère Marie après la Résurrection. Peu de temps après, la messe de Pâques commence dans l'allégresse.

Églises orthodoxes et orientales 

La fête de Pâques est célébrée avec beaucoup de solennité par les chrétiens orthodoxes. Cette fête n'a pas de date fixe, elle se célèbre après Pessa'h juive et dans la première semaine après la pleine lune.
Bien que certaines Églises orthodoxes divergent selon le calendrier de référence (grégorien ou julien), la date de Pâque est cependant commune à toutes les Églises orthodoxes (à l'exception de l’Église autonome de Finlande) parce qu'elle est partout fixée à partir du calendrier julien quel que soit le calendrier liturgique suivi.
Dans le calendrier grégorien, cela signifie qu'elle est fêtée entre le 4 avril et le 8 mai au plus tard.

Spécificités orthodoxes et orientales selon les pays 

A l'annonce de la Résurrection, les fidèles reprennent en chœur les paroles suivantes: "Christ est ressuscité des morts. Par sa mort, il a vaincu la mort. Et aux morts il a donné la vie". La "lumière sainte" se propage dans l'assemblée des fidèles.

Date de la fête de Pâques Orthodoxe et Catholique, de 2010 à 2020 

Date de Pâques pour la période de,
20102020. (Selon le calendrier grégorien)
Année. Catholique Orthodoxe
2010 4 avril
2011 24 avril
2012 8 avril 15 avril
2013 31 mars 5 mai
2014 20 avril
2015 5 avril 12 avril
2016 27 mars 1er mai
2017 16 avril
2018 1er avril 8 avril
2019 21 avril 28 avril
2020 12 avril 19 avril

Fêtes et traditions populaires 

 
La tradition pascale en Slovénie
De nombreuses coutumes païennes destinées à accueillir le retour du printemps se rattachèrent à la fête de Pâques. L’œuf est le symbole de la germination qui se produit au début du printemps. Le lapin est un symbole païen qui a toujours représenté la fécondité[7].
Dans les pays chrétiens, l’œuf de Pâques est le cadeau favori le jour de Pâques.
En Belgique et en France, ce sont les cloches de Pâques qui apportent les œufs de Pâques. Depuis le jeudi saint, les cloches sont silencieuses, en signe de deuil. On dit qu'elles sont parties pour Rome, et elles reviennent le jour de Pâques en ramenant des œufs qu'elles sèment à leur passage. En Allemagne et en France, le repas de Pâques est souvent l'occasion de partager un gigot d'agneau rôti accompagné de flageolets.
En France et surtout au Québec, certains mythes populaires parlent de la cueillette de l'Eau de Pâques.
En Allemagne, en Suisse, en Autriche, en France dans la région d'Alsace et le département de la Moselle ainsi qu'en Martinique, Guyane et Guadeloupe, le lundi de Pâques s'accompagne d'un autre jour férié : le « Karfreitag », soit le Vendredi saint. Pâques y est considéré comme une sorte de deuxième Noël et il n'est pas rare que les gens s'offrent des cadeaux entre eux à cette occasion.
En Alsace, le traditionnel « Osterlammele » en biscuit.
En Alsace et dans certaines régions d'Allemagne, on confectionne un biscuit en forme d’agneau appelé Osterlammele ou Lamala. Cette tradition typiquement alsacienne du Lammele est attestée par le théologien catholique Thomas Murner en 1519 : le fiancé offrait un agneau pascal à sa promise. On l’offrait aussi aux enfants au retour de la messe du jour de Pâques. Après le temps du Carême, ce biscuit riche en œufs permettait d’écouler le stock d’œufs accumulé avant Pâques et dont la consommation est proscrite. L’agneau était décoré d'un étendard aux couleurs du Vatican (jaune et blanc) ou de l’Alsace (rouge et blanc).
Comme pour Noël, les Suisses, dans la région d'Alsace et les Allemands décorent leur maison à l'approche de Pâques. Les œufs de Pâques sont apportés par le lièvre de Pâques (Osterhase). Chocolats et décorations diverses, souvent en forme de lapin, ornent ainsi les boutiques et les appartements. On y fait aussi des bouquets de Pâques sur lesquels on accroche divers sujets et des œufs peints. Les arbres dans les jardins ont droit également à une parure multicolore avec l'arrivée du printemps ; les œufs et lapins poussent partout.
Les Allemands, les Alsaciens et les Américains décorent des œufs cuits durs avec de la peinture ou des feutres.
Les Américains espèrent que l’Easter Bunny leur apportera des lapins en chocolat et des sucreries dans un panier tressé.
En Pologne, un panier garni est préparé le vendredi, conservé sans être mangé le samedi, et bénit le jour-même par le prêtre.
Dans les pays à majorité chrétienne orthodoxe, il y a beaucoup de coutumes qui plaisent particulièrement aux enfants. Des œufs sont peints pour cette journée, essentiellement en rouge, mais on utilise aussi d'autres couleurs. Il existe plusieurs traditions populaires et religieuses liées à Pâques :
  • on s'échange ces œufs colorés, pendant toutes les fêtes de pâques et la semaine qui suit ;
  • le premier œuf peint est considéré comme étant le gardien de la maison et il est donc conservé ;
  • la pâques orthodoxe véhicule aussi une autre tradition, très populaire qui a été perdue dans les sociétés de rite catholique (sauf en Pologne et en Croatie). Une fois les œufs coloriés ou peints, on peut choisir un œuf et le décréter comme son œuf porte-bonheur. Cet œuf servira a toquer l'œuf d'une autre personne. Si jamais, lorsque vous toquez l'œuf de votre adversaire et que vous brisez celui-ci, vous remportez son œuf ; si c'est votre œuf qui succombe, alors vous perdez votre œuf au profit du vainqueur et il ne vous reste alors plus qu'à choisir un nouvel œuf ;
  • en Grèce, et en Russie, il est d'usage de ramener chez soi la « lumière sainte », le jeudi saint après la lecture des douze évangiles, et de faire un signe de croix au-dessus de sa porte avec la flamme. Conserver la lumière sainte quarante jours, sans qu'elle ne s'éteigne, porterait bonheur, selon la tradition.
La Serbie a une coutume spécifique liée à Pâques. Pendant cette journée les chrétiens orthodoxes se saluent par l’exclamation « Christ est ressuscité ! » (Христос васкрсе, en serbe cyrillique) à laquelle on répond « Il est vraiment ressuscité ! » (Ваистину васкрсе, en cyrillique). Cette coutume serait également observée en Bulgarie, en Roumanie et en Grèce. Elle est également pratiquée par les églises orthodoxes russes dans les autres pays.
En Hongrie, en République tchèque et en Slovaquie, les jeunes filles colorent les œufs durs. Elles utilisent également de la cire qu'elles mettent autour de l'œuf. Une fois l'œuf coloré, la cire enlevée crée des motifs. Les garçons tressent avec des roseaux et des rubans colorés des fouets. Le matin du lundi de Pâques, les garçons « s'habillent » et font le tour de leur voisinage pour « fouetter » et arroser les jeunes filles en leur souhaitant des vœux. Les filles leur offrent a manger et a boire, ou à défaut un verre d'alcool. Les garçons repartent avec des œufs décorés, des chocolats, etc. La tournée se termine a midi. Cette ancienne tradition est encore célébrée avec plaisir pour les garçons, moins pour les filles qui doivent accepter ce châtiment affectueux avec le sourire.
Pâques a donné naissance au prénom Pascal.